Ubuyobozi butegura irushanwa rya Miss Mexico nabwo bwemeje umwanzuro w’uyu mukobwa utifuza kujya mu irushanwa riyobowe n’umugabo ufite ibitekerezo by’ivanguraruhu bunavuga ko uyu mwaka nta mukandida buzatanga.
Nk’uko ibitangazamakuru bitandukanye ku Isi byabitangaje, Mexico ifashe iki cyemezo nyuma y’uko Donald Trump umwe mu bafite imigabane muri Miss Universe agaragaje ko ahaye akato Abanya-Mexique binjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uyu Donald Trump yavuze ijambo ryakomerekeje benshi ubwo yashimangiraga ko nta mumaro wundi azi aba baturage bafite ku Isi uretse guteza ibibazo no gukwirakwiza ibiyobyabwenge muri USA’
Uyu Munyamerika wo mu ishyaka ry’aba républicains agaragaje ko yimirije imbere ivanguraruhu no kurwanya bamwe mu baturage bava hanze ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma y’uko ari umwe mu batangaje ko baziyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ataha.
Uyu mukobwa yavanye akarenge mu irushanwa kubera ivanguraruhu
Mexico:Uwari uhagarariye Mexico yivanye muri Miss Universe kubera ivanguraruhu
Reviewed by ibigezwehobyose
on
Wednesday, July 01, 2015
Rating: