Amakuru aryoshye kandi agezweho

banner image

Like US On Facebook

banner image

Urban Boyz izaririmbira imbere y’ibyamamare bisaga 500 muri Uganda




Abagize itsinda rya Urban Boyz batoranyijwe mu bahanzi bagomba kuririmba mu birori bikomeye byo gutanga ibihembo bya muzika byiswe ‘Hipipo Music Awards’ bizahuriramo ibyamamare bisaga 500 bizaba byaturutse mu bihugu bitandukanye bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba.



Urban Boyz bemeza ko ari umwanya ukomeye bahawe wo kugaragariza abahanzi bagenzi babo bo mu karere urwego umuziki wabo ugezeho ndetse bikazababera igihe cyiza cyo kumenyana no kungurana ibitekerezo n’ibindi byamamare bimaze kubaka izina mu Uganda, Kenya, Tanzania no muri Afurika muri rusange.
Mu kiganiro na Safi, yavuze ko we na bagenzi be bakimara guhabwa ubutumire bwo kuririmba muri ibi birori bazahuriramo n’abandi bahanzi b’ibihangange, byabashimishije cyane ndetse ngo biteguye kuzakora uko bashoboye bakazahavana amanota meza.
Yagize ati “Ntabwo ari amahirwe buri muhanzi nyarwanda wese yabonye. Tuzakora uko dushoboye twereke aba bahanzi bose bazitabira ibi birori ko Urban Boyz ari abahanzi bakomeye mu Rwanda kandi bamaze kugera ku ntambwe ikomeye mu muziki. Tuzakoresha ingufu zose tuhavane amanota meza, hazaba hari abahanzi bakomeye cyane mu karere, turashaka kubereka ko natwe dukomeye”




Urban Boyz na Knowless ni bamwe mu bahatanira ibihembo bya Hipipo Music Awards mu cyiciro cya East Africa Super Hit gihuriwemo na Tayali (Urban Boys Ft Iyanya), Sitya Loss( Eddy Kenzo), Ndagushima (Ommy Dimpoz), Number One( Diamond Platnumz), Nishike (Touch Me) ( Sauti Sol), Love You Everyday(Bebe Cool), Kioo (Jaguar) na Baramushaka( Knowless).
Muri ibi birori Urban boyz izaririmbana n’abandi bahanzi barimo Grace Nakimera, Buchaman, Urban, Trojans, Irene Namatovu, Bobi Wine, Good Life, Navio, Bebe Cool n’abandi.


Nyuma yo gutanga ibihembo bya Hipipo, Urban Boyz bazakora ikindi gitaramo gikomeye bitiriye indirimbo yabo ‘Tayali’ , kizabera kuri Venom Beach Bar/Kabalagala u Mujyi wa Kampala. Bazaba bafatanyije na Radio na Weasel bo muri Good Life na Producer Washington wanakoranye n’aba bahanzi cyane.
Ibirori byo gutanga ibihembo bya HIPIPO Music Awards bizaba ku itariki ya 7 Gashyantare 2015 muri Wonder World Auditorium iherereye Kansanga.

Urban Boyz izaririmbira imbere y’ibyamamare bisaga 500 muri Uganda Urban Boyz izaririmbira imbere y’ibyamamare bisaga 500 muri Uganda Reviewed by ibigezwehobyose on Friday, January 30, 2015 Rating: 5

Random Post

Powered by Blogger.