Nk’uko France24 ibitangaza, Rufyikiri wahungiye mu Bubiligi ku wa gatatu yavuze ko yahunze nyuma yo kubona ubutumwa bumutera ubwoba kuko yakomeje kugaragaza ko adashyigikiye ko Nkurunziza ayobora indi manda.
Yagize ati ”Nahunze kubera ko ntashoboraga gukomeza kwihanganira imyitwarire ya perezida n’ubushake bwe bwo gukomeza kuyobora abarundi mu nzira zinyuranyije n’amategeko.”
Amakuru aturuka muri perezidanse y’u Burundi na yo yemeje ko yabonye ibaruwa ya Rufyikiri ndetse ko ubu ari mu gihugu cy’u Bubiligi.
Kuva muri Mata 2015, igihugu cy’u Burundi hari imyigaragambyo y’abadashyigikiye manda ya gatatu ya Nkurunziza aho bavuga ko binyuranyije n’Itegeko Nshinga ndetse n’amasezerano y’amahoro yasinywe mu 2006.
Amatora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abajyanama b’uturere ateganyijwe kuwa 29 kamena naho ay’umukuru w’igihugu azaba ku itariki 15 Nyakanga 2015.
Burundi: Visi Perezida yasobanuye icyatumye ahunga ubutegetsi bwa Nkurunziza
Reviewed by ibigezwehobyose
on
Thursday, June 25, 2015
Rating: