Pages

Pages

Pages

Menu

Friday, December 18, 2015

Abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida Paul Kagame bamaze gutora-Reba amafoto

Abayobozi bakuru b’Igihugu barimo na Perezida Paul Kagame bamaze gutora-Reba amafotoKuri uyu wa gatanu Byari biteganyijwe ko saa tanu zuzuye Perezida Kagame agera ku biro bya Rugunga mu mudugudu w’Imena mu murenge wa Rugunga muri Nyarugenge, nicyo gihe yahagereye aherekejwe na Mme Jeannette Kagame n’umukobwa wabo Ange Kagame, bakora igikorwa cyo gutora nk’abandi banyarwanda.

Perezida Kagame amaze gutora yabwiye n'abanyamakuru ati "Nimureke dutereze ibiva mu matora"
Kuri ibi biro by’itora biri ku ishuri rya Lycee de Kigali, hatoreye abandi baturage bo mu midugudu myinshi igize iki gice cya Kiyovu no mu Rugunga. Hatoreye kandi abayobozi barimo Hon Bernard Makuza, umuyobozi mukuru wungirije wa Policey’u Rwanda Dan Munyuza n’abandi.
first_family
Perezida na Madame hamwe n’umukobwa wabo nabo bitabiriye amatora

Perezida Paul Kagame amaze gutora, yagiranye ikiganiro kigufi cyane n’abanyamakuru bahise bamubaza niba aziyamamariza kuyobora u Rwanda nk’uko yabisabwe n’abaturage.
Yabasubije iki kibazo kimwe yakiriye ati “Mutegereze ibizava muri aya matora.”
Abaturage batandukanye batoreye kuri ibi biro by'itora mu Rugunga ahatoreye imidugudu itandukanye
Uyu areraba ibyangombwa bye mu ishati ngo atore
Umuyobozi wa Police wungirije DIGP aje gutora aha ku biro by'itora bya Nyarugunga
Ahabwa urupapuro rw'itora ngo ajye gutora
Arereka abanyamakuru ko amaze kuzuza inshingano n'uburenganzira bye nk'umunyarwanda
Arereka abanyamakuru ko amaze kuzuza inshingano n’uburenganzira bye nk’umunyarwanda
UMURONGO
Minisitiri w’Intebe Murekezi nawe yatoze umurongo ngo abone uko atora
ATORA

Minisitiri w’Intebe Murekezi atora, ku ruhande ni Madamu we
Abatoreye aha ku biro by'imidugudu imwe n'imwe babahaga indabo, uyu muryango umaze gutora
Brig Gen Ephrem Rurangwa aje gutora
Mme Mukasonga, umuyobozi w'Akarere ka Nyarugenge aje aha Nyarugunga gukurikirana uko ibikorwa biri kugenda, we yatoye mu gitondo kare ku biro by'itora byo mu murenge wa Kigali
Aba barishimira ko bamaze gutora Itegeko Nshinga
Perezida Kagame n'umuryango we baje gutora
Perezida Paul Kagame ageze kuri Ape Rugunga yaramukije abari aho
Perezida Kagame amaze gutora yabwiye n'abanyamakuru ati "Nimureke dutereze ibiva mu matora"
Abanyamakuru benshi cyane bari bategereje kumuvugisha amaze gutora