Pages

Pages

Pages

Menu

Tuesday, January 10, 2017

Uwari umaranye uburwayi bwateraga agahinda buri umwe umubonye bwageze kwiherezo

Umugabo Abdul Bajandar wo mu gihugu cya Bangladesh w’imyaka 27 y’amavuko, ubwo yari afite imyaka 16 y’amavuko yaje gufatwa n’indwara yaje gufata amaguru n’amaboko bigahinduka nk’imizi y’igiti yaje kuvurwa akaba ari gukira.




Bajandar before his surgeries




Abdul umubyeyi w’umugabo waje gufatwa n’iyi ndwara maze bamugenera akazina k’umugabo w’igiti aho yaje kuyibana igihe kirekire kugeza ubwo haje gushakwa ubushobozi mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka inzobere z’abaganga zikamubaga.

Umwe mu baganga bo kubitaro bya kaminuza bya Dhaka ariho bafashije Bajandar yabwiye CNN dukesha iyi nkuru ko Bajandal kuri ubu amerewe neza ashobora gufata amafunguro cyangwa se akabasha kwiyandikira akoresheje ibiganza bye.

Mbere yuko uyu mugabo abagwa akaba atarabashaga we ubwe kwifatira amafunguro, cyangwa se kwiyuhagira akaba yarafite imvamutima zo kuba yabasha kwita k’umuryango we uko bikwiye akabasha gukora k’umukobwa we akamuhobera.



Image result for bajandar abdul
Bajandar ari kumwe n’umuryango we
 
 
Bajandar in Dhaka, Bangladesh, after his surgeries
Nyuma yuko yitabwaho n’abaganga ni uku Bajandar asigaye ameze