Uwo aba bakobwa (Twizeyimana na Louange) bari bibye ni umukoresha wabo w’umunyarwanda utuye mu mujyi wa Kigali usanzwe ari umucuruzi, bakaba bari bamwibye yose hamwe agera kuri miliyoni 10.
Ikirego cy’uwibwe cyashyikirijwe Police y’u Rwanda tariki 11/12/2016 aba bakobwa bafatwa nyuma y’iminsi ibiri bakiri mu mujyi wa Kigali.
Police kandi yerekanye umugabo wafatanywe cashet 22, Indangamuntu mpimbano y’u Rwanda n’ikarita y’akazi mpimbano ya Police y’u Rwanda byose yakoreshaga mu bwambuzi.
Uyu musore witwa Kubwimana yafashwe kuwa mbere w’iki cyumweru afatanwa ibikoresho yifashishaga na bimwe mu byangombwa mpimbano yari yarakoze yifashishije imprimante.
Twizeyimana na Louange bakoreraga David mu rugo rwe bamwiba hafi miliyoni 10
Cachet zafatanywe Kubwimana yakoreshaga mu bikorwa binyuranye
Kubwimana wafataywe ibi bikoresho n’ibyangombwa bihimbano yabanje kwemera ibyo yafatanywe mu rukiko arabihakana
Ikarita y’akazi mpimbano ya Police y’u Rwanda uyu musore yari yarakoze
Yazifashishaga mu kubeshya abantu imirimo adakora
David yashimiye cyane Police y’u Rwanda kumusubiza amafranga ye yari yibwe
Src :UMUSEKE.COM