Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2016
 ibitaramo bya Primus Guma Guma Super Star 6 byakomereje mu Karere ka 
Karongi aho abahanzi 10 bahatanira iri rushanwa biyeretse abafana 
n’akanama nkemurampaka baririmba mu buryo bwa Semi Live.
						
						
					 
 
 
Abakunzi ba muzika bo mu Mujyi wa Karongi bishimiye kongera 
gutarama n’abahanzi bakunzwe mu Rwanda bahatanira irushanwa rya Primus 
Guma Guma Super Star ya 6.
Iki gitaramo cyabereye mu gasentire ka Rubengera habura ibirometero 
bime ngo ugera mu Mujyi wa Karongi. Nk’ibisanzwe bitabiriye ari benshi 
cyane ndetse mbere gato y’uko gitangira bakaba bagaragaza ko bari 
banyotewe no kongera gutaramana n’abahanzi bahatanira iri rushanwa.
Mu mwaka wa 2014 iri rushanwa riyoboye ayandi mu muziki mu Rwanda 
ntabwo ryaciye muri aka karere, ryagarutse muri 2015 ndetse ryosojwe  
ryegukanywe na Butera Knowlesss ukorera umuziki  muri label ya Kina 
Music.
Knowless Butera wegukanye igikombe muri 2015 azasimburwa n’umwe mu 
bahanzi hagatai ya Bruce Melody, Christopher, Young Grace, Urban Boyz, 
Allioni,Umutare  Gaby, Jules Sentore, Bruce Melody, TBB, na Danny Vumbi.
Abahanzi bahatanira iri rushanwa bageze mu Mujyi wa Karongi ku 
gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane  aho bakoreye imyitozo ya nyuma 
baniyereka abafana babo muri bimwe mu bice by’Umujyi bagiye banyuramo.
Uganiriye na bamwe mu baturage bo muri Karongi, buri wese usanga 
agaragaza ko afite amashyushyu yo kubona umuhanzi ashyigikiye muri iri 
rushanwa ndetse benshi mu baturage bamaze kugerwaho n’inkuru y’uko aba 
bahanzi bari mu Karere kabo bityo bose bakaba biteguye kwerekeza ahitwa i
 Rubengera ahari bubere igitaramo cya semi live.
Igitaramo cya Roadshow i Karongi ni icya Kabiri mu bitaramo umunani 
bigomba kubera hirya no hino mu gihugu. Abahanzi bose bameze neza ndetse
 biteguye gutaramana n’abafana babo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 
Gicurasi 2016.
Buri muhanzi kandi yakoze iyo bwabaga mu myiteguro kugira ngo aze 
gusubira i Kigali hari icyiyongeye ku musaruro we ari na wo 
uzashingirwaho mu kugena uwahize abandi.

 Abakunzi b’umuziki batangiye gususurutswa na MC Anita mbere y’uko abahanzi batangira kwiyereka abafana.
 
Christopher mu bahanzi biteguye gususurutsa PGGSS i Karongi
 
 
Khalifan, Safi na Young Grace mbere y'uko igitaramo cya PGGSS gitangira
 
 
Uncle Austin, Platini na Tom Close bitabiriye PGGSS i Karongi
 
 
Ubuyobozi bukuru bwa Bralirwa bwari bwaje kwihera ijisho
 
Abahanzi 10 bahatanira iri rushanwa ku nshuro ya Gatanu ni:

 Umutare Gaby

 Bruce Melodie

 Danny Nanone

 Urban Boyz

 Jules Sentore

 Young Grace

 Allioni

 Christopher

 Danny Vumbi

 TBB

 Allioni
 ni we ubimburiye abandi bahanzi ku rubyiniro. Mu ndirimbo ze nka 
"Umusumuri" na ’Pole Pole’;  abafana b’i Karongi bamweretse ko yaje mu 
irushanwa bamukeneye. Yakurikijeho iyitwa "Impinduka" ari nayo 
yasorejeho.

 Umuhanzi
 Jules Sentore asesekaye ku rubyiniro mu ndirimbo ze ziganjemo izirimu 
njyana ya Gakondo. Ahavuye avuze ko yizuza igikombe bose bamuha amashyi.

 Urban
 Boyz ni bamwe mu bahanzi bishimiwe mu buryo bukomeye mu ndirimbo zabo 
nka "Till I Die na Soroma Nsorome". Nabo bavuye i Karongi bavuze ko 
bifuza kwegukana igikombe cya PGGSS.

 Bruce
 Melody asesekaye imbere y’abafana mu ndirimbo ze zirimo "Ndakwanga", 
"Umutwe" na Ndumiwe. Nawe avuze ko imyaka itatu amaze mu irushanwa yumva
 bigeze ngo ahabwe igikombe.

 Umutare
 Gaby mu ndirimbo "Mesa Kamwe", "Urangora" na "Ntunkangure", aririmbye 
mu buryo bwa semi live asoza aririmba mu ijwi rye bwite anavuga ko yaje 
mu irushanwa kwigaragaza nk’umuhanzi ushoboye.

 Umuririmbyi
 Danny Vumbi uje mu irushanwa ku nshuro ya mbere yageze i Karongi 
abaririmbira "Ni Uwacu", "Ni Danger", n’izindi ze zakunzwe.

 TBB
 mu ndirimbo zabo "Vuza Ingoma", "Mbwiza Ukuri" n’izindi bari 
kwiyerekana i Karongi bavuga ko na bo ari abahanzi bakwiye guhabwa 
amahirwe muri Primus Guma Guma.

 Danny
 Nanone asesekaye imbere y’abakunzi b’umuziki i Karongi asukiranya 
amagambo y’abaraperi mu ndirimbo ze. Ahereye ku yitwa "Njye Ndarapa". 
Ayisoje asaba afana kuzamura amaboko bakerekana ko bashyigikiye injyana 
ya Hip Hop. Danny ahise akurikizaho indirimbo "Tubiziranyeho yakoranye 
na Urban Boyz.
Mu ndirimbo "Ikirori" ifite umudiho ukomeye, Danny Nanone abashije 
guhagurutsa ibihumbi by’abafana bitabiriye PGGSS ya 6. Abafana bose 
bamufashije kuyiririmba ari nako basimbukira mu kirere bayibyina.

 Young
 Grace na we ukorera umuziki muri Incredible Music aje avuga ko ari we 
mukobwa wa mbere mu Rwanda uhataniye Primus Guma Guma Super Star inshuro
 nyinshi. Yaririmbye iyitwa "Super Fly", "Ataha he" asoreza ku yitwa 
"Hangover".

 Christopher
 ni we usoje igitaramo cya PGGSS mu Mujyi wa Karongi. Ni umwe mu bahanzi
 bishimiwe cyane mu ndirimbo ze nka "Agatima", "Dutegereje Iki". Mu 
ndirimbo ye "Birahagije", Christopher abashije gushimisha abakunzi be mu
 buryo bukomeye. Asoje igitaramo bose baririmbana na we ndetse indirimbo
 ze zose bamufashaga kuziririmba.