Mu karere ka Rusizi,Mu murenge wa Nyakabuye kuri paruwasi ya
Nyakabwende,umudugudu wa Nyakabwende umupastori witwa Havugimana Jean de
Dieu yahagaritswe mu itorero bitewe n’icyaha cy’ubusambanyi. Uyu
mupastori rero akaba yari umwe mu bapastori bungirije bo k’umudugudu wa
Nyakabwende ari nayo paruwasi.
Aya makuru y’uko uyu mupastori afite undi mugore w’ihabara
binavugwako yanamushingiye inzu y’ubucuruzi mu karere ka Nyamasheke,
yamenyekanye mu kwezi kwa kwa kabiri ariko itorero rikomeza
kubikurikirana ari nabwo ryaje gufata umwanzuro wo kumuhagarika
byagateganyo.
Bivugwa ko ndetse uyu mupastori yananditse ibaruwa yo gusezera k’umurimo w’Imana yakoraga ndetse ngo iyo baruwa ikaza no gusomwa mu ruhame(m’urusengero).
Nk’uko umushumba wa paruwasi ya Nyakabwende,Bizimana Aminadab yabitangarije ikinyamakuru IBIGEZWEHOBYOSE ,ngo uyu mupasori yashatse undi mugore ndetse mu buryo butazwi kuko n’umugore we,Nduwayo Spora, babana kandi w’isezerano atabizi.
Aganira n’umunyamakuru kuri telefoni igendanwa,Bizimana Aminadab
yagize ati:”Ayo makuru twayamenye mu kwezi kwa kabiri ariko tubanza
kubikurikirana neza,nyuma twasanze amakuru ari impamo kuko n’uwo mugore
yakodeshereje iyo nzu y’ubucuruzi yabitwemereye ko Atari iye ahubwo
yayihawe na pastori Jean de Dieu.ku itariki ya mbere uku kwezi nibwo
hateranye inama y’abapastori bose bari mu kigero kimwe(abapastori
bungirije),bagafata umwanzuro wo kumuhagarika by’agategenyo,nyuma
akazahagarikwa burundu n’abayobozi bakuru b’itorero babifitiye
ububasha”.
Aminadab yanakomeje avuga ko uyu mupastori atemerewe kongera kwigisha haba kuri uwo mudugudu ndetse no ku yindi midugudu.
Ikinyamakuru IBYISHIMO.com kikaba cyahamagaye kuri telefoni igendanwa , uyu mupastori ushinjwa iki cyaha cy’ubusambanyi ariko ntiyabasha kwitaba,bituma amazina y’uyu muhabara we atanabasha kumenyekana.
Bamwe mu bakiristu bo kuri uyu mudugudu wa Nyakabwende ,batangaje ko
batewe akababaro n’uyu mupastori ngo kuko yatumye ikizere bagiriraga
abakozi b’Imana kigabanuka bitewe n’ukuntu we bamubonaga ariko akaba
akoze amakosa nk’ayo.
Havugimana Jean de Dieu wahagaritswe by’agateganyo
Bivugwa ko ndetse uyu mupastori yananditse ibaruwa yo gusezera k’umurimo w’Imana yakoraga ndetse ngo iyo baruwa ikaza no gusomwa mu ruhame(m’urusengero).
Nk’uko umushumba wa paruwasi ya Nyakabwende,Bizimana Aminadab yabitangarije ikinyamakuru IBIGEZWEHOBYOSE ,ngo uyu mupasori yashatse undi mugore ndetse mu buryo butazwi kuko n’umugore we,Nduwayo Spora, babana kandi w’isezerano atabizi.
Umushumba wa Paruwasi Nyakabwende,Bizimana Aminadab (mu ruziga rw’umukara)
Aminadab yanakomeje avuga ko uyu mupastori atemerewe kongera kwigisha haba kuri uwo mudugudu ndetse no ku yindi midugudu.
Ikinyamakuru IBYISHIMO.com kikaba cyahamagaye kuri telefoni igendanwa , uyu mupastori ushinjwa iki cyaha cy’ubusambanyi ariko ntiyabasha kwitaba,bituma amazina y’uyu muhabara we atanabasha kumenyekana.
Imwe mu makori yo kuri uyumudugudu wabereyeho icyo kibazo