Pages

Pages

Pages

Menu

Tuesday, August 18, 2015

Ntibisanzwe!!!! Monique Zanga Umugore w’imyaka 46,yihindura inzoka Akarya Abantu bagahita bapfa!!!!! IFOTO>>


Monique Zanga ni umugore w’imyaka 46 y’amavuko, uyu mugore akaba atuye mu gace ka Mbag ko muri Kadey muri Cameroun, arashinjwa kwihindura inzoka akarya abantu.
Amakuru dukesha Camer.be ni uko Monique Zanga ashinjwa n’abaturage bo muri aka gace atuyemo kuruma abantu 10, batatu muri bo ngo akaba yaragiye abaruma yihinduye inzoka ako kanya bagahita bapfa.
New Picture
Amakuru yagiye atohozwa n’abanyamakuru batandukanye, ni uko bagiye bamenyeshwa ko uyu mugore w’imyaka 46 yica abantu ari inzoka ako kanya agahita yihindura umuntu akabura.

Mu bantu 10 uyu mugore ashinjwa kuruma yihinduye inzoka, 3 bahise bitaba Imana muri ako kanya, naho abandi 7 ikaba yarabarumye bajyanwa ku bitaro bya SFID  i Mbang bahabwa ubuvuzi bwihariye ndetse no ku bw’amasengesho menshi bararokoka.
Monique Zanga yavutse kuwa 1 Gicurasi 1969, ahitwa Bantouri, ni umupfumu uzwi mu gace atuyemo akaba anashinjwa kwihindura inzoka mbere yo kuruma umuntu yarangiza agahita abura muri ako kanya.
Brigade ya gendarmerie yagerageje gukora iperereza ku birego uyu mugore aregwa rimwe na rimwe agatabwa muri yombi ariko ntacyo bitanga dore ko nyiri ubwite abihakana yivuye inyuma ko atajya yihindura inzoka.
New-Picture1
Mu gihe ubuyobozi muri aka gace butangaza ko uyu mugore yabaye inzitizi y’iterambere ry’abaturage kubera guteza umutekano muke, urwego rushinzwe umutekano ngo rukomeje iperereza hanirindwa ko hagira undi muntu wicwa n’iyo nzoka.