Pages

Pages

Pages

Menu

Saturday, January 16, 2016

Breaking: Burundi Ban Ki Moon arasaba Perezida kurekura abakekwaho gukora kudeta


ndayirukiyeUmunyamabanga mukuru wa ONU Ban Ki Moon arasaba Perezida w’u Burundi Pierre Nkurunziza kurekura abantu bose bakekwaho gukora kudeta yapfubye mu kwezi kwa gatanu umwaka ushize ndetse no kureka imiryango itegamiye kuri leta ikongera gukora ku mugaragaro.
ndayirukiye
Gen Cyrille Ndayirukiye na bagenzi baregwa gushaka gukora kudeta mu Burundi
Ibi yabivugiye mu nama yamuhuje n’abagize akanama gashinzwe umutekano ku isi yabaye ejo ku itariki ya 14 Mutarama 2016 ku cyicaro cy’umuryango w’abibumbye giherereye i New York.

Muri iyi nama Ban Ki Moon yagarutse ku kibazo cy’u Burundi n’ubwo yari iteganyije kwiga ku kibazo cya Syria kimaze imyaka ine kitabonerwa igisubizo.
Portrait of SG
Ban Ki Moon Umunyamabanga Mukuru wa ONU
Mu ijambo rye Umunyamabanga Mukuru wa ONU yavuze ko ahangayikishijwe cyane n’umutekano muke urangwa mu Burundi ndetse n’ubwicanyi bumaze iminsi buvugwa mu Burundi amezi umunani akaba ashize.
Ban Ki Moon yasabye Leta ya Perezida Pierre Nkurunziza kurekura abantu bose bafunzwe bashinjwa kwamagana manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza ndetse anasaba ko amashyirahamwe adaharanira inyungu za politiki nayo yakwemererwa kongera gukora.
Muri iyi nama Ban Ki Moon yamenyesheje akanama gashinzwe umutekano ko mu cyumweru gitaha azohereza mu Burundi intumwa ze zihariye zigamije kureba icyakorwa ngo umutekano ugaruke mu Burundi.