Pages

Pages

Pages

Menu

Friday, October 09, 2015

Rose Muhando arembejwe n’uburwayi butazwi

Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza imana muri Tanzania Rose Muhando,arembejwe n’uburwayi bwayobeye abaganga mu bitaro bitandukanye muri iki gihugu.

Iyi nkuru dukesha ikinyamakuru Mwana inch,ngo mu kiganiro baheruka kugirana yabatangarije ko hato na hato, ari gufatwa n’uburwayi bumuca imbaraga ndetse akaribwa cyane n’ibiheri byamuje ku mubiri.
Ati:”Ndaribwa cyane,ariko bikaba akarusho byakubitiraho n’amagambo ari kumvugwaho bikikuba kabiri. Nazengurutse amavuriro atandukanye ariko ntibabona ubu burwayi, ibi biheri iyo byumye binsigira inkovu nyinshi ku mubiri bikanyangiriza uruhu.Mbegaaa,ntakindi nakorauretse amasengesho gusa.”
JPEG - 99.5 kb
Izo n’intoki ze zuzuye ibiheri
Uretse ubu burwayi, Rose Muhando ahangayikishijwe n’amagambo akomeza kumuvugwaho atariyo arimo ubu burwayi n’andi makuru Atari meza.Ikindi uku gushinyagurirwa bya muteye gufata umwanzuro wo kuguma mu nzu ntasohoke mu rwego rwo kwirinda ab’Isi.

Ibi bibaye mu gihe uyu muhanzi Ruse Muhando hari hashize iminsi avuzweho gukorana n’imyuka mibi(Satani) no gukuramo inda.